Amakipe ahagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup 2026, ari yo APR FC na Rayon Sports, yamaze kumenya abo azahura na bo nyuma ya tombora yabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa 10 Nyakanga 2026.
Uyu muhango wa tombora wabaye guhera saa yine z'amanywa, uyoborwa nuwahoze ari kapiteni w'ikipe y'igihugu Amavubi, Haruna Niyonzima.
Irushanwa ry'uyu mwaka rizitabirwa n'amakipe 12 yo mu karere ka Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati, yagabanyijwe mu matsinda atatu, buri tsinda rikaba rigizwe n'amakipe ane.
APR FC, yegukanye Igikombe cya Shampiyona n'Igikombe cy'Amahoro mu Rwanda, yashyizwe mu Itsinda A, aho izacakirana na Gor Mahia (Kenya), Vipers SC (Uganda) na Garde Républicaine (Djibouti).
Ku rundi ruhande, Rayon Sports, yasoreje ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona y'u Rwanda, iri mu Itsinda C, hamwe na Al Hilal (Sudani), Tusker FC (Kenya) na KVZ FC (Zanzibar).
Andi makipe azitabira iri rushanwa ni Simba SC, Singida Black Stars, Mogadishu City Club na Jamus SC, mu gihe amatsinda yose ategerejweho guhatana gukomeye.
Irushanwa riheruka ryabereye muri Tanzania, ryegukanwe na Singida Black Stars, na yo izongera kuryitabira uyu mwaka iharanira kurisubirana.
CECAFA Kagame Cup 2026 izatangira ku wa 18 Nyakanga isozwe ku wa 7 Kanama 2026, imikino ikazabera kuri Stade Amahoro na Kigali Pelé Stadium.
Amakipe ahagarariye u Rwanda azaba afite inshingano zo guhagararira igihugu neza imbere y'andi makipe akomeye yo mu karere, mu irushanwa riterwa inkungu n'umukuru w'igihugu Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul kagame.
MUCYO Thierry/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.