Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku Isi (FIFA) ryafashe umwanzuro wo kudakuraho ikarita y'umuhondo yahawe Michael Olise, nyuma y'ubusabe bwatanzwe n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bufaransa (FFF).
Olise yeretswe iyo karita mu mukino wa 1/8 cy'Igikombe cy'Isi 2026 wahuje u Bufaransa na Paraguay wabaye ku wa 4 Nyakanga 2026. Mu minota y'inyongera, uyu mukinnyi yagiranye ubushyamirane na Matías Galarza wa Paraguay, bituma umusifuzi amuha ikarita y'umuhondo.
FFF yari yasabye FIFA gukuraho iyo karita kugira ngo Olise atazajya mu mukino wa 1/4 afite impungenge zo guhagarikwa aramutse abonye indi. Icyakora, FIFA yamaze kumenyesha iri shyirahamwe ko ubusabe bwabo butemewe.
Mu kiganiro n'abanyamakuru mbere y'umukino wa 1/4 uhuza u Bufaransa na Maroc, umutoza Didier Deschamps yavuze ko FIFA yabamenyesheje ko icyemezo cyayo kidahindutse.
Yagize ati: "Twakiriye igisubizo cya FIFA kitumenyesha ko ikarita y'umuhondo ya Michael Olise igumaho."
Ibi bisobanuye ko Olise agomba kwitwararika mu mukino wa Marocco uteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 9 Nyakanga 2026, kuko naramuka abonye indi karita y'umuhondo azahita asiba umukino wa 1/2, mu gihe u Bufaransa bwaba bukomeje.
Uyu mukinnyi w'imyaka 24 akomeje kwitwara neza muri iri rushanwa, aho amaze gutanga imipira itanu yavuyemo ibitego, ibintu bituma ari we uyoboye abandi bakinnyi mu gutanga imipira ivamo ibitego kugeza ubu.
NSENGIMANA Jean Bosco/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.