Ikipe ya Rayon sports bidasubirwaho yakatishije itike yo gukina imikino ya 1/2 cya CECAFA KAGAME CUP iri kubera mu Rwanda nyuma yo gutsinda Al Hilal igitego 1-0.
Hari mu mukino usoza itsinda C wabereye kuri sitade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, Taliki ya 1 Kanama 2026, aho Al Hilal yari yakiriye Rayon sports mu mukino watangiye saa 19:00 y'ijoro warangiye Rayon sports ibonye intsinzi y'igitego 1-0.
Iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusoza iyoboye itsinda C ryarimo Al Hilal yo muri Sudan, Tusker FC yo muri Kenya ndetse na Kvz yo muri Zanzibar aho isozanyije amanota ikenda bivuze ko yatsinze imikino yose yo mu itsinda C itaninjijwe igitego biyigira ikimbe rukumbi ibikoze.
Ikipe ya Rayon sports ibitse Igikombe 1 cya CECAFA KAGAME CUP mu mateka yayo yatwaye mu 1998 ikuye muri Zanzibar kitarahindurirwa izina ngo kitwe CECAFA KAGAME CUP.
Imikino ya CECAFA KAGAME CUP ikomeje kubera mu Rwanda izasozwa Taliki 7 Kanama hanatangwa ibihembo ku ikipe ya mbere, iya kabiri n' iya gatatu.
MUCYO Thierry/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.