LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 07:11 AM
LIVE
Radio Salus FM 97.0 - Amakuru Mashya \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n
LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 07:11 AM
LIVE

Yugi Umukaraza yategetswe gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Yugi Umukaraza yategetswe gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Yugi Umukaraza afungwa by'agateganyo iminsi 30 mu Igororero rya Mageragere, nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha cyo gukora ibikorwa bifitanye isano n'ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo.

Mu mwanzuro warwo, urukiko rwagaragaje ko rutabonye impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Ibi bivuze ko icyemezo cyo kumufunga by'agateganyo kidashingiye kuri icyo cyaha cyari cyavuzwe na benshi.

Mu gihe Yugi Umukaraza afunzwe by'agateganyo, Shaddyboo ari kwitabwaho mu kigo Isange Rehabilitation Centre, giherereye mu Karere ka Huye, aho ari kuvurirwa ikibazo cy'ibiyobyabwenge.

Yugi Umukaraza yatawe muri yombi nyuma y'uko Shaddyboo agejeje ikirego kuri RIB, amushinja ko yamunywesheje ibiyobyabwenge, nyuma akamukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku gahato.

Iperereza n'ubutabera birakomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku birego byatanzwe.

Aaron DUSHIMIMANA

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.