ESPAGNE YEGUKANYE IGIKOMBE CY’ISI ITSINZE ARGENTINA KU MUKINO WA NYUMA - Radio Salus FM 97.0

ESPAGNE YEGUKANYE IGIKOMBE CY’ISI ITSINZE ARGENTINA KU MUKINO WA NYUMA

ESPAGNE YEGUKANYE IGIKOMBE CY’ISI ITSINZE ARGENTINA KU MUKINO WA NYUMA

Ikipe y'Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy'Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Argentina igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabaye mu ijoro ryo ku wa 19 Nyakanga 2026.

Uyu mukino wabereye kuri MetLife Stadium i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, urangira Espagne yegukanye igikombe nyuma y'iminota 120 y'imikino, kuko iminota 90 isanzwe yari yarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Igitego rukumbi cyahesheje Espagne intsinzi cyatsinzwe na Ferran Torres winjiye mu kibuga asimbuye, ku munota wa 120, nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Nico Williams.

Espagne yarushije Argentina kuva umukino  utangiye kugeza urangiye. Imibare y'umukino igaragaza ko Spain yateye amashoti 20, mu gihe Argentina yagerageje amashoti abiri gusa, nta na rimwe rigana mu izamu.

Argentina yarangije umukino ifite abakinnyi 10 nyuma y'uko Enzo Fernández ahawe ikarita itukura. Yanabonye andi makarita atanu y'umuhondo, mu gihe Espagne yarangije umukino nta mukinnyi n'umwe ubonye ikarita.

Nyuma y'umukino, hatanzwe ibihembo bitandukanye by'abitwaye neza muri iri rushanwa. Rodrigo Cascante wa Espagne yahawe igihembo cy'umukinnyi mwiza w'irushanwa, Pau Cubarsí aba umukinnyi muto wahize abandi, naho Unai Simón yegukana igihembo cy'umunyezamu mwiza. Kylian Mbappé yasoje ari we watsinze ibitego byinshi muri iri rushanwa.

Iki ni Igikombe cy'Isi cya kabiri Espagne yegukanye nyuma y'icyo yatwaye mu 2010 muri Afurika y'Epfo.

Ku ruhande rwa Argentina, ni inshuro ya kane itsindiwe ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi. Yananditse amateka mabi yo kurangiza iminota 120 y'umukino idateye na rimwe ishoti rigana mu izamu, ibintu bishimangira ubukana bw'ubwugarizi bwa Espagne ndetse n'uburyo yagenzuye umukino kuva utangiye kugeza urangiye.

Arsene BYIRINGIRO/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.