Espagne yongeye kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi nyuma y'imyaka 16 isezereye u Bufaransa - Radio Salus FM 97.0

Espagne yongeye kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi nyuma y'imyaka 16 isezereye u Bufaransa

Espagne yongeye kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi nyuma y'imyaka 16 isezereye u Bufaransa

Ikipe y'Igihugu ya Espagne yongeye kwandika amateka yo kugera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya FIFA 2026 nyuma yo gutsinda u Bufaransa ibitego 2-0 mu mukino wa ½ cy'irangiza wabaye mu ijoro ryo ku wa 14 Nyakanga 2026.

Ni ubwa mbere kuva mu 2010 Espagne yongeye kugera ku mukino wa nyuma w'iri rushanwa, aho icyo gihe yegukanye igikombe itsinze u Buholandi igitego 1-0 mu mukino wabereye muri Afurika y'Epfo.

Espagne yatangiye umukino isatira cyane, igaragaza ubushake bwo kugera ku mukino wa nyuma. Ku munota wa 22, Lamine Yamal yakorewe ikosa mu rubuga rw'amahina, umusifuzi atanga penaliti yinjijwe neza na Mikel Oyarzabal, afungura amazamu.

Nubwo u Bufaransa bwagerageje kwishyura mbere y'uko igice cya mbere kirangira, ubwugarizi bwa Espagne bwakomeje kwitwara neza, bituma igice cya mbere kirangira ari igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri, Espagne yakomeje kuyobora umukino. Ku munota wa 58, Dani Olmo yahaye umupira mwiza Pedro Porro, awubyaza umusaruro atsinda igitego cya kabiri cyahaye La Roja amahirwe akomeye yo kugera ku mukino wa nyuma.

U Bufaransa bwakomeje gushaka uburyo bwo kwinjira mu mukino, ariko ntibwashoboye guhindura uko ibintu byari byifashe imbere y'ubwugarizi bukomeye bwa Espagne ndetse n'ubwitange bw'abakinnyi bayo.

Iyi ntsinzi yashimangiye uburyo Espagne ikomeje kwitwara neza mu marushanwa akomeye, nyuma yo no gusezerera u Bufaransa muri kimwe cya kabiri cya UEFA Euro 2024 ikanegukana iri rushanwa.

Ku mukino wa nyuma, Espagne izacakirana n'iva hagati y'u Bwongereza na Argentine, mu mukino uzagena nyir'umuringa mushya w'Igikombe cy'Isi cya FIFA 2026.

Intsinzi ya Espagne yongeye kwerekana ko La Roja ikomeje kuba imwe mu makipe akomeye ku ruhando mpuzamahanga, ihuza impano z'abakinnyi bakiri bato n'ubunararibonye bw'abamaze igihe bakina ku rwego rwo hejuru.

MUCYO Thierry/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.