Ikipe ya Real Madrid yamaze kugirana amasezerano n’ikipe ya Chelsea yo kugura myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso w’Umunya-Espagne, Marc Cucurella, ku giciro cya miliyoni 60 z’ama-euro, akazerekeza muri iyi kipe ikorera i Bernabéu nyuma y’imikino y’Igikombe cy’Isi.
Aya masezerano akubiyemo miliyoni 55 z’Ama-Euro zizatangwa ku ikubitiro n’izindi miliyoni eshanu z’Ama-Euro zizagenda zitangwa bitewe n’uko uyu mukinnyi azitwara.
N’ubwo ibipapuro bya nyuma byo kwemeranya bitaranozwa neza, uku kumvikane biteganyijwe ko birangira mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, aho uyu musore w’imyaka 27 agiye gusanga umutoza Jose Mourinho muri Real Madrid.
Cucurella wakinnye imikino 50 muri Chelsea mu mwaka w'imikino wa 2025-26, yari amaze iminsi atumvikana n'ubuyobozi bukuru bw’iyi kipe yo mu Burengerazuba bwa London.
Ibi byaturutse ku kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Athletic mu kwezi kwa Werurwe, aho yanenze icyemezo cyo kwirukana umutoza Enzo Maresca wagiye ku Ubunani, avuga ko we ubwe atari gufata icyo cyemezo kandi ko ikipe yari "itekanye cyane" mbere y’uko uyu Mutaliyani agenda.
Kunenga ubuyobozi mu ruhame byarakaje abayobozi ba Chelsea bituma bahitamo kumugurisha mu makipe yo ku mugabane wa Burayi, aho kumureka ngo yerekeze mu makipe bahangana na yo muri Premier League nka Manchester City na yo yari iri gukurikiranira hafi ibye.
Ibi bije nk’igihombo ku mutoza mushya wa Chelsea, Xabi Alonso, wifuzaga kugumana uyu mukinnyi mu rwego rwo kongera ubunararibonye mu ikipe. Kuri ubu, uyu mutoza asigaranye umusore w’Umuholandi w’imyaka 20, Jorrel Hato, nk'amahitamo rukumbi kuri uwo mwanya, bivuze ko agomba gushaka undi mukinnyi.
Marc Cucurella yageze i Stamford Bridge mu mwaka wa 2022 avuye muri Brighton & Hove Albion kuri miliyoni 55 z’Amapawundi, akaba yarayikiniye imikino 150 yose hamwe.
Mu gihe cyose yamazemo, yafashije iyi kipe kwegukana ibikombe birimo UEFA Conference League na FIFA Club World Cup mu mwaka wa 2025. Mu makipe yamwifuzaga cyane harimo na Atletico Madrid hamwe na Barcelona yakuriyemo, ariko Real Madrid ni yo yihuse gushyira amafaranga ku meza.
Kuri ubu uyu mukinnyi ari mu mwiherero w'Ikipe y'Igihugu ya Espagne itozwa na Luis de la Fuente yitegura imikino y’Igikombe cy’Isi, aho mu mikino y'amatsinda bazahura n'ibihugu birimo Cap-Vert, Arabia Saoudite ndetse na Uruguay.
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.