Ikipe y' Igihugu ya Brasil yanganyije n'ikipe y'igihugu ya Morocco igitego 1-1 mu mukino wabimburiye indi yose yo mu itsinda C ry'igikombe cy' isi cya 2026.
Uyu mukino wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa 14 Kamena 2026, ubera kuri MetLife stadium iri mu mujyi wa New York muri leta z'unze ubumwe za America.
Uyu mukino mu gice cya mbere wihariwe cyane n'ikipe y'igihugu ya Morocco aho yatangiye igaragaza imbaraga cyane cyane mu kibuga hagati ndetse no mu gusatira byatumye k'umunota wa 21' gusa Morocco ifungura amazamu ku gitego kinjijwe neza na Ismael Saibari k'umupira yarahawe na Brahim Diaz.
Ikipe y' Igihugu ya Brasil nayo ntiyatinze gukanguka kuko k'umunota wa 32' Vinicius junior yayitsindiye igitego cyo kwishura maze igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Mu gice cya kabiri amakipe yombi yakomeje gusatirana ashaka igitego cy' intsinzi ariko ubwugarizi bw'amakipe yombi bukomeza kwitwara neza byanatumye umukino urangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Muri iri tsinda C kandi igitego rukumbi cya John McGinn cyafashije ikipe y' igihugu ya Scotland gutsinda ikipe y' igihugu ya Haiti igitego 1-0 byayihesheje kuyobora itsinda C n'amanota atatu aho iza imbere ya Morocco na Brasil zo zinganya inota rimwe kuri rimwe naho Haiti ikagira ubusa bw'inota.
Muyindi mikino yabaye, ikipe y'igihugu ya Switzerland yatunguwe no kunganya n'ikipe y'igihugu ya Quatar igitego 1-1 naho Australia itsinda Turukiya ibitego 2 -0.
MUCYO Thierry/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.