- Radio Salus FM 97.0

NIYIGENA Clement na Abed BIRAMAHIRE NTIBAGARUKANYE NA IKIPE Y’IGIHUGU Y’U RWANDA AMAVUBI

Ikipe y’igihugu y’Rwanda amavubi amaze iminsi  mu bihuhgu by’Abarabu aribyo marocco ndetse na Egypty (Misiri ) aho yari yaragiye gukinira imikino ya gishuti n’amakipe atandukanye harimo na Tanzania yaseseskaye i kigali ku munsi w’ejo.

Gusa iyi kipe y’igihugu amavubi yagarutse mu Rwanda nta mu kino numwe ikinnye kubera ingamba zo kwirinda icyofezo cya ebola. Ubwo iyi kipe yageraga mu Rwanda bamwe mu bakinnyi bajyanye nayo aribo NIYIGENA Clement ndetse na BIRAMAHIRE Abed  nti bagaragaye mu bagarukanye na ikipe y’igihugu nkuko byatanagjwe n’umunyamakuru wa Radiyo Rwanda KWIZIGIRA Jean Claude wari wajyanye nino kipe.

Amakuru Radio Salus yamenye ni uko aba bombi bamaze kumvikana na amkipe yo mu gihugu cya misiri aho Niyigena yasoje amasezerano muri APR FC ndetse bivugwa ko hari amakipe amwifuza hanze y’u Rwanda.

NIYIGENA Clement ku wa Mbere w’iki cyumweru,yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze ifoto yavugishije abantu benshi aho yari yambaye umwambaro wa Club Africain yo muri Tunisia aho yavugishije abantu benshi aca amarenga ko ashobora gusohoka muri APR FC yari asanzwe akinira.

Uyu mukinnyi ukina mu mutima wa defanse abazwi nka ba myugaririro yageze muri ikipe ya APR FC avuye muri Rayon sports, yagezemo nayo avuye muri AS muhanga akaba yarakuriye mu irerero rya APR FC ryitwa intare.

Jean Bosco NSENGIMANA/Radio Salus

Comments 0

Leave a Comment
Your email will not be published

No comments yet. Be the first to comment!