Mexique na Afurika y'Epfo zirafungura igikombe cy'isi cya mbere kizakinwa n'amakipe 48 - Radio Salus FM 97.0

Mexique na Afurika y'Epfo zirafungura igikombe cy'isi cya mbere kizakinwa n'amakipe 48

Mexique na Afurika y'Epfo zirafungura igikombe cy'isi cya mbere kizakinwa n'amakipe 48

Amakipe y'ibihugu bya Mexico na Afurika y'Epfo arahurira  mu mukino ufungura Igikombe cy'Isi cya  2026 gitangira kuri uyu wa ane taliki ya 11 kamena 2026, kibaye icya mbere cyitabiriwe n'amakipe 48. Uyu mukino urabera kuri Sitade Azteca muri Mexico, aho nyuma y’imyaka 16  aya makipe yongeye guhurira mu mukino ufungura  igikombe cy'Isi nyuma yo guhura mu cyo mu mwaka wa 2010 cyabereye muri Afurika y'Epfo.

Mexico ibaye igihugu cya mbere cyakiriye igikombe cy'Isi inshuro eshatu. Abafana bayo bafite icyizere ko ikipe yabo, itazirwa El Tri, izongera nibura kugera muri kimwe cya kane cy'irangiza nk'uko byagenze igihe yakiraga iri rushanwa mu bihe byashize. Nyuma yo kutarenga amatsinda mu Gikombe cy'Isi cya 2022 muri Qatar, Mexico irifuza kwitwara neza uyu mwaka imbere y'abafana.

Kimwe mu byitezwe gufasha Mexico harimo gushyigikirwa n'abafana benshi ndetse n'ubutumburuke bwa Sitade Azteca iri kuri metero 2,200 hejuru y'inyanja, ibintu bishobora kugora amakipe ayisura arimo na Afurika yepfo biza guhura iri joro.

Ku ruhande rwa Afurika y'Epfo, Bafana Bafana; irashaka kugera bwa mbere mu cyiciro cyo gukuranwamo mu gikombe cy'Isi cy'abagabo. Kuba umubare w'amakipe yitabira iri rushanwa wariyongereye, bitanga amahirwe menshi yo kugera kuri iyi ntego dore ko n'umutoza mukuru w'iyi kipe, Hugo Broos, afite amateka meza muri Mexico kuko yari umwe mu bakinnyi b'Ububiligi bwageze muri kimwe cya kabiri cy'igikombe cy'Isi cyo mu 1986. Iki nicyo Gikombe cy'Isi cya mbere atoje kandi ninacyo icya nyuma kuko yatangaje ko azasezera ku kazi nyuma y'iri rushanwa.

Mu myaka itanu amaze atoza Afurika y'Epfo, Broos yubatse ikipe ifite umukino mwiza wo guhererekanya umupira, ariko ikibazo gikomeje kuyigaragara ni ukubura ba rutahizamu batsinda ibitego byinshi. Icyakora, hari icyizere ko abakinnyi bato bashya biganje mu gice cy'ubusatirizi bazafasha ikipe kwitwara neza muri iri rushanwa rihanzwe amaso n'abatari bake.

MUCYO Thierry/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.