Ikipe ya Aston villa yo mu Bwongereza yegukanye Igikombe cya UEFA Europa League bwa mbere mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Freiburg yo mu Budage ibitego 3-0.
Hari mu mikino wabereye kuri Tupras Stadium muri Turukiya, mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 20 Gicurasi 2026. Amakipe yombi yaje ashaka kwegukana iki gikombe, dore ko ku ruhande rwa Aston villa hari hashize imyaka 30 itazi gutwara Igikombe kinini nk'iki.
Uyu mukino wihariwe cyane n'ikipe ya Aston villa yanagerageje uburyo bwinshi bwashoboraga kuvamo ibitego kare, ariko Freiburg igakomeza kwihagararaho.
Igice cya mbere kigana k’umusozo, k'umunota wa 42 Aston Villa yafunguye amazamu ku gitego cyinjijwe neza na Youri Tielemans, maze bidatinze Emiliano Buendia atsindira Aston Villa igitego cya kabiri, igice cya mbere kirangira gutyo.
Igice cya kabiri na cyo cyatangiranye imbaraga na Aston villa, n'ubwo bwose na Freiburg yanyuzagamo igasatira.
Ku munota wa 58, Umwongereza Morgan Rogers yashimangiye intsinzi ya Aston Villa ayitsindira igitego cya gatatu, umukino urangira igikombe gitashye mu Bwongereza.
Iki gikombe Aston Villa itwaye kije gisanga mu bubiko European Cup ubu isigaye yitwa UEFA Champions League yatwaye mu 1982 ndetse n'ibikombe birindwi bya Shampiyona y'u Bwongereza.
Ugu mukino kandi wasize umutoza wa Aston Villa, Umunya-Espagne, Unai Emery, akoze amateka yo kuba ari we mutoza umaze kwegukana Europa League nyinshi, aho amaze kwegukana eshanu.
Ibi bikombe yabyegukanye mu makipe atandukanye arimo Sevilla yafashije kwegukana iki gikombe inshuro eshatu, Villarreal ndetse na Aston Villa.
Mbere y'umukino umwe ngo Shampiyona igere ku musozo, Aston Villa iri ku mwanya wa kane, n'ubwo bwose yamaze kwizera itike yo gukina UEFA Champions League umwaka utaha.
Icyakora iki gikombe yatwaye gishobora gutuma u Bwongereza buhagararirwa n'amakipe atandatu muri Champions League, mu gihe iyi kipe yasoreza ku mwanya wa gatanu.
Kugira ngo bigerweho, Liverpool FC ya gatanu isabwa gutsinda Brentford ku mukino wa nyuma, maze Aston Villa ya kane magingo aya, igatsindwa na Manchester City. Ibi byaha amahirwe AFC Bournemouth ya gatandatu, isabwa kunganya na Nottingham Forest gusa ngo yizere uyu mwanya bidasubirwaho.
MUCYO Thiery/ Radio Salus
Ibitekerezo 1
Tanga igitekerezo