IBYO WAMENYA KURI COMMUNITY SHIELD IGIYE GUKINWA MU BWONGEREZA

IBYO WAMENYA KURI COMMUNITY SHIELD IGIYE GUKINWA MU BWONGEREZA

FA Community Shield ni umukino ufungura ku mugaragaro umwaka mushya wa shampiyona y' iciciro cya mbere mu Bwongereza Premier league, Aho uhuza ikipe iba yaratwaye Igikombe cya shampiyona ndetse n'ikipe yatwaye FA cup y'umwaka uba urangiye.

Uyu mukino watangiye gukinwa 1908,aho watangiye witwa  Charity Shield nayo yakomotse ku mukino witwaga Sheriff of London Shield, wahuzaga ikipe y’ababigize umwuga n’iy’abakina nk’abatarabigize umwuga. 

Umukino wa mbere wahuje  Manchester United na Queens Park Rangers wanarangiye Manchester united yegukanye igikombe Nyuma yo gutsinda Queens park Rangers igiteranyo cy' ibitego 5-1 mu mikino ibiri ubanza  n'uwo kwishyura.

Mu 1974, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Bwongereza FA ryafashe unwanzuro w'uko uyu mukino uzajya ukinirwa kuri stade nkuru y'ubwongereza Wembley, ndetse ugahuza ikipe yegukanye Igikombe cya shampiyona n'iyegukanye FA cup . 

Mu 2002, uyu mukino wahinduriwe izina  riva kuri Charity Shield riba Community Shield aho rigikoreshwa kugeza ubu.

Manchester united niyo imaze gutwara community shield inshuro nyinshi dore ko iyifite inshuro 21 zose. Ikurikiwe na Arsenal iyifite inshuro 17, Liverpool inshuro 16 , Everton inshuro 9 mu gihe Manchester city na Tottenham Hotspurs zigifite inshuro 7.

Ikipe yegukanye iki gikombe ihabwa Igikombe ndetse n'imidari 25 yambikwa abakinnyi n'abakozi bayo dore ko nta mubare w'amafaranga uzwi uhabwa ikipe yacyegukanye.

Umwaka ushize, Crystal Palace niyo yegukanye igikombe itsinze Liverpool kuri penaliti, byumvikana ko ariyo ibitse Igikombe giheruka.

Kuri iyi nshuro uyu mukino urakinwa hagati ya Arsenal y'umutoza Mikel Arteta yegukanye Igikombe cya shampiyona ndetse na Manchester city ya Enzo Maresca yegukanye FA cup.

Bwa mbere mu mwaka 20 ishize kandi uyu mukino nturi bubere kuri sitade nkuru y'ubwongereza Wembley bitewe nuko hari ibindi bikorwa bihateganyijwe, bityo uyu mukino urabera kuri Principality stadium I Cardiff.

Shampiyona y' Y'ubwongereza Premier league yuyu mwaka izatangira taliki 21kanama 2026 aho umukino ufungura uzahiza Arsenal na Coventry city yazamutse muri Premier league uyu mwaka.

MUCYO Thierry/Radio Salus

Ibitekerezo (0)

Tanga igitekerezo

Nta bitekerezo bihari. Ba uwambere gutanga igitekerezo!