Ubuyobozi bwa Bk pro league bwashimangiye ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, Aho kimwe kizahabwa ikipe yo muri Sudani izaba iya mbere naho ikindi kigahabwa ikipe yo mu Rwanda izitwara neza kurusha izindi.
Ibi bije nyuma y'impaka zari zimaze iminsi hibazwa niba hazatangwa Ibikombe bibiri mu gihe ikipe yo muri Sudan yasoreza imbere y'izo mu Rwanda cyangwa se niba hazatangwa igikombe ku ikipe izasoreza kumwanya wa mbere yonyine hatitawe kuyo ariyo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, taliki 12 Gicurasi 2026, Bk pro league yavuze ko ikipe yo muri Sudani izasoreza kumwanya wa mbere muri Bk pro league y'uyu mwaka izahabwa igikombe nk' ikipe yahize izindi ariko yongeraho ko itazahabwa ibihembo by'amafaranga byagenewe amakipe yitwaye neza .
Iri tangazo ryakomeje rivuga kandi ko Rwanda premier league izatanga ikindi gikombe ku ikipe izahiga izindi mu makipe yo mu Rwanda ndetse ikazanahagararira URwanda muri CAF champions league ya 2026/2027.
Rwanda premier league kandi yongeye kwibutsa abakunzi b'umupira w'amaguru ko igihe iyi kipe yaramuka itwaye n'igikombe cy'amahoro iyayikurikiye kurutonde rwa shampiyona mu makipe yo mu Rwanda ari yo yahagararira igihugu muri CAF confederations nk'uko biteganwa n'amategeko y'amarushanwa muri FERWAFA.
Rwanda premier league yasoje ubu butumwa ishimira amakipe yo muri Sudani k'uruhare rwayo mukuzamura urwego rw' irushanwa, yongeraho no gushimira abanyamuryango bayo ndetse n'abakunzi b'umupira w'amaguru kuburyo bakiriye aya makipe.
Kugeza ubu ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani ikina shampiyona y' URwanda niyo ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona n'amanota 70 Aho ikurikiwe na Apr FC n'amanota 59 mugihe habura imikino itatu kugirango shampiyona irangire.
Mugihe shampiyona yaba irangiye uku , Al Hilal yahabwa Igikombe nk' ikipe yahize izindi naho Apr FC igahabwa igikombe nk' ikipe yahize andi makipe yo mu Rwanda kongeraho n'amafaranga y'urwanda miliyoni 80 zihabwa ikipe yegukanye igikombe cya Shampiyona.
MUCYO Thierry
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.