Museveni yanenze imigenzo iremereye mu gusaba no gukwa, avuga ko ishobora gutuma urubyiruko rutinya kubaka ingo - Radio Salus FM 97.0

Museveni yanenze imigenzo iremereye mu gusaba no gukwa, avuga ko ishobora gutuma urubyiruko rutinya kubaka ingo

Museveni yanenze imigenzo iremereye mu gusaba no gukwa, avuga ko ishobora gutuma urubyiruko rutinya kubaka ingo

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko imigenzo imwe n’imwe ijyanye no gusaba no gukwa ishobora kuba imbogamizi ku rubyiruko rushaka gushinga ingo, cyane cyane iyo imiryango isaba inkwano nyinshi cyangwa igategura ibirori bihenze birenze ubushobozi bw’ababigizemo uruhare.

Mu ijambo rye, Museveni yasabye ababyeyi kureka gushyira ku basore imizigo iremereye y’amafaranga n’ibindi bisabwa mu gihe cyo gusaba abakobwa babo, avuga ko ibyo bishobora gutuma urubyiruko rugira ubwoba bwo gushaka.

Yagize ati: “Kuki musaba inka 15 n’amafaranga menshi? Ese ntibiba bisa no kugurisha abana banyu?”. Yagaragaje ko umuco wo gukora ibirori binini no guhatira imiryango gukoresha amafaranga menshi ushobora gutera abantu kwinjira mu madeni cyangwa bagatinya kubaka ingo.

KWIHANGANA Emmanuel/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.