Ku wa 2 Gicurasi 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hazabera umukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda, ukazaba utanga amahirwe menshi ku ikipe yo mu Rwanda izegukana igikombe.
Rayon Sports izakira uyu mukino yatangiye kuwitegura, ndetse bigaragara ko yawushyizemo imbaraga bitandukanye n’indi mikino ifite mbere yawo.
Mu ifoto yashyize hanze ku wa Kabiri, tariki ya 14 Mata, igaragaza igisa no gushotora APR FC, aho yifashishije ifoto ya Fall Ngagne afite umwambi mu ntoki, ari kurasa ijambo “Shyorongi” [aho APR FC ikorera imyitozo].
Ikipe y’ingabo z’Igihugu na yo ntiyazuyaje kuko mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Mata, yahise ikora ifoto iriho igifaru n’abasirikare biri mu muhanda i Kigali, ikurikizaho ijambo rigira riti “Vana imiheto mu mujyi”.
Nubwo bimeze bityo ariko amakipe yombi azabanza gukina imikino itatu kuri buri ruhande, harimo iy’Umunsi wa 27 n’uwa 28 ya Shampiyona n’indi ibanza ya ½ cy’Igikombe cy’Amahoro.
Rayon Sports izabanza kwakirwa na Rutsiro FC ku wa 19 Mata, yakirwe na Gorilla FC ku wa 22 Mata, yongere yakirwe n’Amagaju ku wa 26 Mata mu Karere ka Huye.
Ni mu gihe APR FC izakina na Etincelles FC ku wa 18 Mata, yongere ihure na yo kuri 21 Mata kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, yongere kwakirwa na Mukura VS ku itariki ya 25 Mata mu Karere ka Huye.
Umunyezamu wa mbere wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, wari waragize ibibazo by’umuryango yasubukuye imyitozo mu kwitegura iyi mikino, gusa myugariro wayo Ntarindwa Aimable aracyari kwitabwaho kubera imvune afite mu mfundiko.
Ku ruhande rw APR FC ntabwo irabona umunyezamu wayo wa mbere, Ishimwe Pierre, na we ufite uburwayi, mu gihe Niyomugabo Claude wari wagize imvune ku mukino wabahuje na AS Muhanga yatangiye gukora imyitozo.
Kugeza ubu APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 52 ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda igeze ku Munsi wa 26, ikarusha amanota icyenda Gikundiro iri ku mwanya wa kane.
Rayon Sports ifite agahigo ko kuba ikipe rukumbi yujuje abafana ibihumbi 45 muri Stade Amahoro mu 2024, iheruka kuyinyagirirwaho ibitego 4-1 iheruka gukina na APR FC wa FERWAFA Super Cup.
Our Archers are locked in…
The target is clear , The mission is set.⏳ 18 DAYS TO GO - 1000 Hills Derby
📆 02-05-2026
⏰ 18:00
🏟️ Amahoro StadiumKigali will shake.
Hearts will race.
History will speak again.ARE YOU READY? pic.twitter.com/syUKV2K82u
— Rayon Sports Official (@rayon_sports) April 14, 2026
We say This " ACTIONS SPEAKS LOUDER THAN WORDS "
See you on the 2nd of May, TUKWEREKE KO UWAGUTSINZE NTAHO YAGIYE #APRFC #CLUBGIANT pic.twitter.com/V1S5D2k0lg
— APR F.C. Official (@aprfcofficial) April 15, 2026
Comments 1
Leave a Comment