LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 07:52 AM
LIVE
Radio Salus FM 97.0 - Amakuru Mashya \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n
LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 07:52 AM
LIVE

Simba SC yaguye miswi na Jamus SC, muri CECAFA Kagame Cup

Simba SC yaguye miswi na Jamus SC, muri CECAFA Kagame Cup

Ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania yongeye gutenguha abakunzi bayo nyuma yo kunganya na Jamus SC yo muri Sudani y'Epfo ubusa ku busa (0-0) mu mukino w'Itsinda B wa CECAFA Kagame Cup 2026 wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Uyu ni umukino wa kabiri wikurikiranya Simba inaniwe gutsinda cyangwa ngo ibone igitego, nyuma yo kunganya na Mogadishu City FC 0-0 mu mukino ubanza. 

Nubwo Simba yagerageje gusatira inshuro nyinshi, ubwugarizi bwa Jamus SC bwakomeje kwitwara neza, bituma amakipe yombi asoza umukino nta gitego cyinjiye. Iyi ntsinzi ibuze yasize Simba ifite amanota abiri gusa, ibintu byayishyize mu mwanya utoroshye mu rugamba rwo gushaka itike ya 1/2.

Ku rundi ruhande, Jamus SC yakomeje kwerekana ko ari imwe mu makipe atunguranye muri iri rushanwa. Nyuma yo gutsinda Singida Black Stars mu mukino wa mbere, kunganya na Simba byayihaye amahirwe akomeye yo gukomeza, aho isabwa kubona umusaruro mwiza imbere ya Mogadishu City kugira ngo yizere kugera muri 1/2. 

Mu yandi makuru agezweho ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC na Vipers SC zikomeje guhatanira kuyobora Itsinda A, mu gihe Rayon Sports nayo iri mu makipe agaragaza imbaraga zo guhatanira igikombe.

 Ku ruhande rwa Simba, izakina umukino wa nyuma w'amatsinda na Singida Black Stars, aho isabwa gutsinda ndetse ikanategereza ibyava mu mukino uzahuza Jamus SC na Mogadishu City kugira ngo ibe yakomeza mu irushanwa.

KWIHANGANA Emmanuel/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.