Ikipe ya Vipers yo mu gihugu cya Uganda yabonye intsinzi ya kabiri yikurikiranya mu mikino ya cecafa kagame cup nyuma yo gutswinda Gor Mahia yo muri Kenya igitego 1-0.
Hari mu mukino wa kabiri mu itsinda A rya cecafa kagame cup yuyu mwaka wabereye kuri Kigali pele stadium uyu munsi taliki 27 Nyakanga 2026 ukaba warangiye ari igitego 1-0.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Vipers yahise ifata umwanya wa mbere mu itsinda A n’amanota 6 ibiyiha amahirwe yo kuzamuka muri iri tsinda dore ko Gor Mahia iyikurikira yo ifite amanota atatu.
Kumukino w’umunsi wa nyuma, Vipers izakina na Apr fc yo itaratangiye neza iyi mikino.
Imikino ya Cecafa ikomeje kubera I Kigali guhera taliki 24 Nyakanga 2026 ikaba izasozwa taliki 7 kanama 2026.
MUCYO Thierry/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.