Espagne yasezereye Portugal, inzozi za Cristiano Ronaldo zo kwegukana Igikombe cy'Isi zirangirira aho - Radio Salus FM 97.0

Espagne yasezereye Portugal, inzozi za Cristiano Ronaldo zo kwegukana Igikombe cy'Isi zirangirira aho

Espagne yasezereye Portugal, inzozi za Cristiano Ronaldo zo kwegukana Igikombe cy'Isi zirangirira aho

Ikipe y'igihugu ya Espagne yasezereye Portugal muri 1/8 cy'Igikombe cy'Isi cya FIFA 2026 nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri AT&T Stadium i Arlington, muri Leta ya Texas, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2026.

Igitego rukumbi cyabonetse mu munota wa mbere w'inyongera z'igice cya kabiri (90+1'), gitsinzwe na Mikel Merino, ukinira Arsenal, gihesha Espagne itike ya ¼ cy'irangiza.

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi wahuje amakipe abiri y'ibihangange byo ku Kirwa cya Iberia, urangwa no guhangana gukomeye ndetse n'ubusatirizi bukomeye ku mpande zombi. Nubwo Espagne yihariye umupira ku kigero cya 55%, amahirwe yo gutsinda yabaye make mu minota 90 y'umukino.

Portugal yakinnye umupira wo kwirwanaho no gushakira amahirwe mu gusatira byihuse (counter-attacks), ariko ntiyabashije kubyaza umusaruro uburyo yabonaga. Kapiteni wayo, Cristiano Ronaldo, yakinnye umukino wose ariko ntiyigeze agaragara cyane nk'uko benshi bari babyiteze.

Merino, winjiye mu kibuga asimbuye, ni we wabaye intwari ya Espagne. Yatsinze igitego cy'intsinzi mu minota y'inyongera, ahesha La Roja intsinzi n'itike yo gukomeza mu kindi cyiciro.

Imibare y'umukino yagaragaje ko Espagne yari hejuru ya Portugal mu kurema uburyo bw'ibitego. Espagne yagize Expected Goals (xG) ya 1.69, mu gihe Portugal yagize 0.63, bigaragaza uburyo ikipe ya Luis de la Fuente yaremye amahirwe menshi kurusha mukeba wayo.

Uyu mukino niwo wanyuma Cristiano Ronaldo akinnye mu Gikombe cy'Isi, ikaba inshuro ya gatandatu yitabiriye iri rushanwa. Nyuma y'umukino, uyu rutahizamu w'imyaka 41 yavuze ko atarafata icyemezo cya nyuma ku hazaza he mu ikipe y'igihugu, nubwo yemeye ko iyi ari yo yari World Cup ye ya nyuma.

Nyuma yo gusezererwa kwa Portugal, amakuru yatangiye kuvugwa ko umutoza Roberto Martínez agiye kwegura ku buyobozi bw'iyi kipe, mu gihe Luis de la Fuente yashimye imyitwarire y'abakinnyi be n'uburyo bakomeje guhangana kugeza babonye igitego cy'intsinzi.

Cristiano Ronaldo asoje uru rugendo atarabashije kwegukana Igikombe cy'Isi na kimwe, nubwo ari umwe mu bakinnyi bafite ibigwi byinshi mu mateka y'umupira w'amaguru. Mu mwuga we yayoboye Portugal ku kwegukana EURO 2016, anatwara ibihembo bitanu bya Ballon d'Or, ndetse aba umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka y'umupira w'amaguru.

Espagne yakomeje muri ¼ cy'irangiza, aho izahura n'u Bubiligi, mu mukino uzabera i Los Angeles. Abasesenguzi bakomeje kuyishyira mu makipe afite amahirwe yo kwegukana Igikombe cy'Isi cya 2026, bitewe n'ubwiza bw'ikipe ifite ihuza impano z'abato n'abakinnyi bafite uburambe.

Ku ruhande rwa Portugal, gusezererwa muri 1/8 byasoje urugendo rwa Cristiano Ronaldo mu Gikombe cy'Isi, nyuma y'imyaka myinshi ari umwe mu bakinnyi b'ingenzi ku rwego mpuzamahanga.

Arsene BYIRINGIRO/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.