Rutahizamu w'ikipe y'igihugu y'Ubufaransa na Real Madrid, Kyliane Mbappe yanditse amateka yo kuba ariwe mukinnyi w’ikipe y’igihugu y’ubufaransa wayitsindiye ibitego byinshi mu mateka.
Ibi yabigezeho nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Senegal ibitego 3-1 aho yatsinzemo ibitego bibiri byamufashije kuzuza ibitego 58 mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa akaba yaciye kuri Olivier Giroud we wayitsindiye ibitego 57.
Aya manota atatu kandi yafashije ikipe y’igihugu y’ubufaransa gufata umwanya wa kabiri mu itsinda I ririmo ikipe y’igihugu y’Ubufaransa, Senegal, Norway ndetse na Iraq.
Kugeza magingo aya itsinda I riyobowe na Norway n’amanota atatu igakurikirwa n’ubufaransa n’amanota atatu naho Senegal na Iraq zo zifite ubusa bw’amanota.
MUCYO Thiery/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.