Lionel Messi yanditse amateka mashya mu gikombe cy'isi - Radio Salus FM 97.0

Lionel Messi yanditse amateka mashya mu gikombe cy'isi

Lionel Messi yanditse amateka mashya mu gikombe cy'isi

Umukinnyi w'umupira w'amaguru Lionel Messi ufatwa nk'uwa mbere ku isi yaraye aciye agahigo ko kuba ariwe mukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi mu irushanwa ry'igikombe cy'isi nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu ya Argentina gutsinda Argeria ibitego 3-0 mu mukino ufungura itsinda J ry’igikombe cy’isi cya 2026.

Ni umukino wabereye kuri Kensas City Stadium muri leta z’unze ubumwe z’America mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu taliki 17 kamena 2026 aho Argentina yari yakiriye Algeria mu mukino warangiye Argentine itsinze ibitego 3-0.

Ibi bitego byose byinjijwe neza na kapiteni wa Argentine Lionel Messi, icya mbere yatsinze ku munota wa 17’, icya kabiri agitsinda k'uwa 60’ ndetse agashinguracumu agatsinda ku munota wa 76’ ahita aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mateka y’igikombe cy’isi aho yujuje ibitego 16 akaba anganya na Miroslav klose.

Lionel Messi kandi yabaye umukinnyi ukuze ubashije gutsinda ibitego bitatu mu mukino umwe w’igikombe cy’isi dore ko yabikoze ku myaka 38 y’amavuko aho akuyeho agahigo ka Cristiano Ronaldo we wabikoze afite imyaka 33.

Ikipe y’igihugu ya Argentina iri mu makipe ahabwa amahirye yo kwegukana igikombe cy'isi cy'uyu mwaka dore ko ari nayo ibitse igiheruka cya 2022 yegukanye itsinze Ubufaransa ku mukino wa nyuma.

MUCYO Thierry/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.