Umukinnyi ukomoka mu gihugu cya Cote D'Ivoire usanzwe akinira ikipe yo mu kiciro cya mbere muri iki gihugu ya AFAD witwa AMANI KOUADIO KAN MICHEL ukina asatira izamu anyuze ku ruhande rw'ibumoso abazwi nka ba Semaba(winger), yamaze kumvikana n'ikipe ya ARR FC ko azayikinira umwaka utaha w'imikino.
Uyu musore w'imyaka 27; yavutse taliki ya 6 mata mu 1999, akaba ari we wanatsinze ibitego byinshi mu mwaka ushize w'imikino wa 2025-2026 muri shampiyona y'iki gihugu, aho yatsindiye ibitego 17 ikipe yakiniraga ya AFAD.
Uretse ikipe ya Apr fc yamwifuzaga, hari n'andi makipe menshi yari ahanginiye na Apr fc uyu mukinnyi yifuzaga kwibikaho uyu mwataka, arimo ikipe ya Young Africans yo muri Tanzaniya, Asec mimosas y'iwabo muri Cote D'Ivoire ndetse n'andi ma kipe yo mu bihugu by'Abarabu.
Uyu musore ubwo ikipe ye yari mu marushanwa nyafurika ya CAF Confederation Cup, ikipe ye ya AFAD yagarukiye mu ijonjora rya kabiri ry'ibanze isezerewe n'ikipe yo mu gihugu cya Algeria ya USM Alger, gusa uyu mukinnyi ikipe ye yasezerewe amaze kuyitsindira ibitego 2, anatanga imipira yavuyemo ibitego 2 mu mikino 4 yakinnye.
Uyu mukinnyi aje muri APR FC asanga abandi bataka bakina banyuze ku ruhande rw'ibumoso Apr fc isanzwe ifite barimo abanyarwanda babiro aribo Mugisha Gilbert na Iraguha hadji ndetse na Dennis Omedi ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Jean Bosco NSENGIMANA/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.