Umurwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, waramutsemo amasasu n'imirwano ikomeye ihanganishije ingabo za Leta n'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye abatavuga rumwe n'ubutegetsi bashaka kwamagana icyemezo cya Perezida Hassan Sheikh Mohamud cyo kongera manda ye.
Iyi mirwano yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu yatumye abaturage benshi bata ingo zabo, abandi basigara mu bwoba bukomeye kubera urusaku rw'intwaro ziremereye zikomeje gukoreshwa hagati y'impande zombi zihanganye.
Intandaro y'uku gushyamirana ishingiye ku cyemezo Inteko Ishinga Amategeko iherutse gufata mu kwezi kwa Werurwe kivugurura Itegeko Nshinga, gishobora guha Perezida Mohamud uburenganzira bwo kongera manda ye ho umwaka umwe, yari irangiranye n'itariki ya 15 Gicurasi.
Abatavuga rumwe n'ubutegetsi ndetse n'abayobozi b'intara bamaganye byimazeyo uyu mugambi kuko bawufata nk'uburyo bwo kwikubira ubutegetsi, ibyatumye bategura imyigaragambyo yagombaga kuba kuri uyu wa Kane, ari na byo byakuruye uku guhangana gukomeye.
Iyi mirwano yibanze cyane mu duce twa Howl Wadaag na Abdiasis, aho ingabo za Leta zakoresheje intwaro ziremereye zirimo indege zitagira abapilote ndetse n'imbunda zirasira kure mu guhangana n'abarwanyi b'abatavuga rumwe n'ubutegetsi babashije gutwika imodoka ebyiri z'intambara za Leta.
Abaturage batuye muri utu duce bagizweho ingaruka zikomeye n'uku guhangana kuko ibisasu byaguye mu ngo z'abaturage bigakomeretsa bamwe.
Abahoze mu myanya y'ubuyobozi bukuru bw'igihugu na bo bagabweho ibitero, bavuga ko byari bigamije kubivugana kuko bashyigikiye iyi myigaragambyo.
Uwahoze ari Perezida wa Somalia, Sharif Sheikh Ahmed, yashyize amashusho ku rubuga rwa Facebook yemeza ko ingabo za Leta zagose urugo rwe ruri hafi y'umucanga uzwi cyane wa Lido, agira ati "Ingabo za Leta zagose kandi zigaba igitero ku nzu yanjye. Sinjya nkangwa n'ibitero byabo by'ubushotoranyi; nzakomeza nirwaneho."
Uwahoze ari Minisitiri w'Intebe, Hassan Ali Khaire, yavuze ko yakoreshejweho intwaro ziremereye n'ingabo za Leta igihe yavaga mu gace karinzwe cyane ka 'Green Zone' yerekeza iwe mu rwego rwo kwitegura imyigaragambyo.
Khaire yatangaje ko ingabo za Perezida "zagabye igitero cya gisirikare kidasiba kandi kitarobanura hagamijwe kumpitana."
Polisi y'igihugu yo yatangaje ko irimo gukora "igikorwa cyagutse cy'umutekano" kigamije guhashya "imitwe yitwaje intwaro ziremereye yagabye ibitero bya mortier mu bice bimwe by'umurwa mukuru."
Umuryango mpuzamahanga wagaragaje impungenge zikomeye kuri ubu bushyamirane; Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Mogadishu yagaragaje ko ubu bugizi bwa nabi ari "ibikorwa by'ubuhubutsi", isaba ko ibibazo bikemurwa binyuze mu biganiro.
Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi, Umuryango w'Abibumbye hamwe na Ambasade y'u Bwongereza na byo byasohoye itangazo rihuriweho rigaragaza ko aya makimbirane "ahangayikishije bikomeye" kandi ko asubiza inyuma intambwe igihugu cyari kimaze gutera.
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.