Cristiano Ronaldo yegukanye Igikombe cya mbere cya Shampiyona muri Al Nasir - Radio Salus FM 97.0

Cristiano Ronaldo yegukanye Igikombe cya mbere cya Shampiyona muri Al Nasir

Cristiano Ronaldo yegukanye Igikombe cya mbere cya Shampiyona muri Al Nasir

Ikipe ya Al Nasir ikina shampiyona y' icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia, yegukanye Igikombe cya shampiyona itsinze Damac FC ibitego 4-1 mu mu mukino usoza shampiyona ya Saudi Arabia.

 

Hari mu mimukino w'umunsi wa nyuma wa shampiyona y' icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia aho Al Nasir yari yakiriye Damac FC, isabwa gutsinda uyu mukino ikegukana igikombe dore ko mbere yo gukina uyu mukino yari ifite amanota 83 irusha Al Hilal ya kabiri amanota abiri gusa bivuze ko iyo itsindwa uyu mukino yari guhita itakaza Igikombe.

 

Uyu mukino watangiranye imbaraga ku ruhande rwa Al Nasir maze k'umunota wa 34 wonyine umunya Senegal Sadio Mane afungura amazamu k'umupira mwiza cyane yari ahawe na Jao Felix maze igice cya mbere kirangira Al Nasir iyoboye n'igitego 1-0.

 

Igice cya kabiri kigitangira k'umunota wa 52 Kingsley Coman yatsindiye Al Nasir igitego cya kabiri bituma Al Nasir ikomeza gusatira kwegukana Igikombe cya shampiyona, gusa Damac FC isosi yayimenyemo inshishi ubwo k'umunota wa 58 yishyuraga igitego 1 cyabonetse kuri penaliti bigahita biba 2_1.

 

Damac FC yabaye nk'ikojeje agati mu ntozi maze itangira kunyagirirwa iw'abandi kuko yahise itsindwa ibindi bitego 2 byatsinzwe na Rutahizamu w'umunyaporitigare Cristiano Ronaldo, icyo yatsinze k'umunota wa 63 ndetse n'icyo k'umunota wa 81byashimangiye intsinzi ya Al Nasir, bituma ihita inegukana igikombe cya Shampiyona mu gihugu cya Saudi Arabia. 

 

Iki gikombe kibaye Igikombe cya 10 cya shampiyona ikipe ya Al Nasir yegukanye mu mateka yayo, kikanaba icya 36 Christiano Ronaldo amaze kwegukana murugendo rwe rwa ruhago nk'umukinnyiku giti cye. Al Nasir yaherukaga Igikombe cya shampiyona muri 2019 naho Christiano Ronaldo akaba yaherukaga icyo yatwaranye na Juventus muri 2020.

 

Christiano Ronaldo yegukanye iki gikombe mugihe yitegura imikino ya nyuma y'igikombe cy' isi izatangira mu kwezi gutaha kwa Kamena kizabera muri America, Mexico na Canada, iyi kipe ikaba ari n'imwe muzihabwa amahirwe yo kucyegukana.

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.