David Raya wa Arsenal yahawe igihembo cy'umukinnyi w'icyumweru muri English premier league
Umunyezamu wa Arsenal, David Martín Raya, yahawe igihembo cy'umukinnyi w'icyumweru muri shampiyona y'igihugu y'Ubwongereza nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu ntsinzi ya Arsenal y’ibitego 2-0 kuri Sunderland mu mukino w’umunsi wa kane wa Premier League wakinwe ku wa 12 Nzeri 2026.
Raya ni we watorewe kuba umukinnyi witwaye neza muri iri rushanwa rya premier league rigeze ku munsi waryo wa Kane nyuma yo kwitwara neza muri uyu mukino aho yanakuyemo penaliti ya Enzo Le Fée mu gice cya kabiri. Iyo penaliti yari guha Sunderland amahirwe yo gufungura amazamu, ariko Raya ayikuramo. Nyuma y’amasegonda 121 gusa, Bruno Guimarães yahise atsindira Arsenal igitego cya mbere.
Arsenal yakomeje kwihagararaho kugeza ku munota wa nyuma, mbere y’uko Bukayo Saka atsindira ikipe ye penaliti mu minota y’inyongera, bituma Arsenal itsinda 2-0 ihita ifata umwanya wa mbere dore ko itaratsindwa muri shampiyona.
Mu mwaka w’imikino wa 2025/26, Raya yagize uruhare rukomeye mu gufasha Arsenal gutwara Premier League, ndetse akina imikino 19 atinjizwa igitego, ari na byo byamuhesheje Golden Glove ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Ku wa 14 Nzeri 2026, uwahoze ari umukinnyi wa Liverpool, Jamie Carragher, yavuze ko Raya ari umwe mu bakinnyi bafite akamaro gakomeye muri Arsenal, nubwo iyi kipe ifite abandi bakinnyi bakomeye nka Declan Rice na Martin Ødegaard nawe wegukanye igihembo cy’umunsi wa gatatu wa shampiyona.





KWIHANGANA Emmanuel/Radio Salus
Ibitekerezo (0)
Nta bitekerezo bihari. Ba uwambere gutanga igitekerezo!
Tanga igitekerezo