Imikino

Niyoyita Alice yagizwe umutoza mu Irerero rya PSG

na ISHIMWE Kefa September 12, 2026 10:07 PM 22 abakurikiranye 0 ibitekerezo

‎Umutoza Niyoyita Alice yerekeje mu Irerero rya Paris Saint-Germain rikorera mu Karere ka Huye nyuma yo kumvikana na Indahangarwa WFC gusesa amasezerano bari baherutse kongera.

Uyu mutoza yahawe inshingano zo gutoza ibyiciro bitandukanye muri iri rerero by’umwihariko ikipe y'abangavu bari munsi y’imyaka 16 nyuma y'iminsi mike Mugisha Aimable wari usanzwe abatoza agizwe Umuyobozi wa Tekinike w’iri rerero.

‎Mugisha Aimable yasimbuye Alain Mbabazi weguye kuri uwo mwanya.

Niyoyita w'imyaka 31 yerekeje muri PSG Academy Rwanda nyuma yo kwigaragaza nk'umwe mu batoza bakomeye mu mupira w’abagore mu Rwanda mu myaka  ine yamaze muri Indahangarwa WFC.

Yageze muri iyi kipe yo mu Burasirazuba mu 2022, ayifasha kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere mbere y'uko ayihesha Igikombe cy'Amahoro cya 2024-2025 itsinze Rayon Sports WFC ibitego 4-2 ku mukino wa nyuma.

‎Niyoyita ufite 'Licence B' ya CAF, yari aherutse kongera amasezerano y’umwaka umwe, ahabwa intego yo kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse no kugaruka ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026-2027.

‎Uretse mu Indahangarwa, uyu mutoza kandi yanabaye umutoza mu ikipe y’igihugu y’abangavu batarengeje imyaka 17.

‎Mbere yo kwinjira mu butoza, Alice w'imyaka 30 yari rutahizamu ukomeye mu kipe y'Igihugu 'Amavubi' ndetse no muri Kamonyi WFC, aho yigeze kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri shampiyona (30) mu mwaka w'imikino wa 2013-2014.

Sangiza iyi nkuru

Ibitekerezo (0)

Nta bitekerezo bihari. Ba uwambere gutanga igitekerezo!

Tanga igitekerezo