Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yegukanye Igikombe cy'Icyubahiro cya Shampiyona y'u Rwanda nyuma yo gutsinda Gasogi United ibitego 2-1 mu mukino w'Umunsi wa 33 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Iyi ntsinzi yatumye iyi kipe yuzuza amanota 73 mu mikino 31 imaze gukina, ikaba irusha amanota 14 APR FC iyikurikiye ku mwanya wa kabiri. Ibi bivuze ko mu mikino itatu isigaye ngo BK Pro League y'umwaka w'imikino wa 2025/2026 irangire, nta kipe n'imwe ishobora kuyikura ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 2026 wihariwe cyane na Al Hilal SC yari yabanjemo abakinnyi bayo bakomeye, bituma igitego cya mbere kiboneka kare ku munota wa 15 gitsinzwe na Mamudu Kamaradini n'umutwe.
Walieldin Daiyeen Pogba yashyizemo igitego cya kabiri kuri penaliti ku munota wa 67 nyuma y'ikosa ryakorewe Ousmane Diouf, mu gihe impozamarira ya Gasogi United yatsinzwe na Ngono Guy Hervé kuri penaliti ku munota wa 89 nyuma y'ikosa Emmanuel Flomo yakoreye kuri Kanamugire Arsène.
Nyuma y'umukino, ubuyobozi bwa Rwanda Premier League n'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda bafatanyije na Ambasade ya Sudani mu Rwanda, bahise bashyikiriza Al Hilal SC iki gikombe cy'icyubahiro n'imidari.
Ku rundi ruhande, ikipe ya APR FC ishobora kwegukana igikombe cya Shampiyona nyir'izina gihabwa amakipe yo mu Rwanda, ndetse n'igihembo cya miliyoni 80 Frw, mu gihe yabasha gutsinda cyangwa kunganya na Rutsiro FC mu mukino utaha uteganyijwe ku Cyumweru.
Al Hilal SC na Al Merrikh SC zahawe ikaze mu Rwanda gukina nk'abashyitsi muri uyu mwaka w'imikino kubera ibibazo by'umutekano muke mu gihugu cyazo byatumaga zidashobora gukina neza.
Biteganyijwe ko ikipe ya mbere ya Al Hilal SC ihita isubira muri Sudani gutangira imikino ya kamarampaka, bityo imikino itatu isigaje mu Rwanda irimo uwa Police FC n'uwa Etincelles FC ikazakinwa n'ikipe ya kabiri, uretse umukino w'ishiraniro izahuramo na mukeba Al Merrikh SC ushobora kuzakinwa n'abakinnyi b'ikipe ya mbere.
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.