LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 08:28 AM
LIVE
Radio Salus FM 97.0 - Amakuru Mashya \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n \n
LIVE
97.0 FM
Aug 13, 2026 08:28 AM
LIVE

Rayon Sports ikomeje kwerekana ubukana, itsinze Tusker FC inakomeza gushimisha abakunzi bayo

Rayon Sports ikomeje kwerekana ubukana, itsinze Tusker FC inakomeza gushimisha abakunzi bayo

Rayon Sports yakomeje kwerekana ko yiteguye neza umwaka w'imikino wa 2026/2027 nyuma yo gutsinda Tusker FC yo muri Kenya igitego 1-0 mu mukino wa CECAFA Kagame Cup wabereye kuri Kigali Pelé Stadium. 

Uyu mukino witabiriwe n'imbaga y'abafana ba Gikundiro, bari bambaye amabara y'ubururu n'umweru, bagaragaza uburyo bakomeje gushyigikira ikipe yabo kuva yatangira imyiteguro y'uyu mwaka.

Rayon Sports yagaragaje umukino mwiza wo guhererekanya umupira no kugenzura hagati mu kibuga, ikomeza gushyira igitutu ku ikipe ya Tusker kugeza ibonye igitego cy'intsinzi.

 Intsinzi y'igitego 1-0 yatumye Gikundiro ikomeza urugendo rwayo neza muri iri rushanwa, inongera icyizere cy'abafana bayo. Bivugwa ko igitego cyatsinzwe na Mondeko Zatu mu gice cya kabiri cy'umukino.

Iyi ntsinzi ibaye iya kane yikurikiranya Rayon Sports ibonye mu mikino yakinnye n'amakipe yo hanze y'u Rwanda mu rwego rwo kwitegura shampiyona nshya. 

Muri iyo mikino harimo uwo yatsinzemo Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo, uwa Rayon Day yatsinzemo Gor Mahia FC yo muri Kenya ndetse n'indi mikino ya CECAFA Kagame Cup, ibintu bikomeje gutuma abakunzi bayo bavuga ko iyi kipe ishobora kuzatanga isura nziza muri shampiyona no mu marushanwa mpuzamahanga.

Abasesenguzi ba ruhago bavuga ko imyiteguro Rayon Sports yakoze, kongeramo abakinnyi bashya no kubaka ubufatanye hagati y'abakinnyi n'abatoza, biri gutanga umusaruro ugaragara. 

Nubwo hakiri urugendo rurerure, umwuka uri mu bafana ba Gikundiro urerekana icyizere cyo kongera guhatanira ibikombe muri uyu mwaka w'imikino.

KWIHANGANA Emmanuel/Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.