Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Amerika yagaba ibitero bikomeye kuri Iran mu gihe yaba ishyize mu bikorwa umugambi uwo ari wo wose wo kumwivugana cyangwa kumugirira nabi.
Ibi Trump yabitangaje kuri uyu wa 11 Nyakanga 2026, nyuma y'amakuru yatangajwe n'itangazamakuru avuga ko inzego z'ubutasi za Israel zamenyesheje Amerika ko hari abantu bo mu buyobozi bwa Iran bakekwaho gutegura umugambi wo kwica Perezida wa Amerika.
Nk'uko ayo makuru abivuga, Ahmad Vahidi, umuyobozi mushya w'umutwe w'Ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC), ari mu bakekwaho gushyigikira uwo mugambi. Ubuyobozi bwa Amerika bumufata kandi nk'umwe mu bantu bashobora kubangamira ibiganiro by'amahoro biri hagati ya Washington na Tehran.
Mu butumwa bwe, Trump yavuze ko igisirikare cya Amerika cyamaze guhabwa amabwiriza yo kwitegura gusubiza Iran mu buryo bukomeye mu gihe cyose yaba igerageje kumugirira nabi.
Yagize ati:
"Misile 1,000 ziteguye kuraswa kuri Iran, izindi na zo zizahita zikurikiraho niba Leta ya Iran ishyize mu bikorwa umugambi wo kwica cyangwa kugerageza kwica Perezida wa Amerika."
Yakomeje avuga ko igisirikare cya Amerika gifite ubushobozi bwo gusenya ibikorwa bya Iran mu gihe cyaba kibiherewe amabwiriza.
Aya magambo aje nyuma y'uko amakuru y'ubutasi akomeje kuvuga ko umutekano wa Trump wongerewe imbaraga. Byagaragaye kandi ubwo yasozaga uruzinduko yari yagiriye muri Turikiya nyuma y'inama ya NATO, aho yahisemo gutaha akoresheje indege isanzwe ikoreshwa na Perezida wa Amerika, aho gukoresha iyo yari yagiye agenderamo.
Nubwo Trump yavuze ko amakuru y'ubutasi atari mashya kuri we, yemeje ko yari asanzwe azi ko ari umwe mu bantu Iran ishobora kwibasira.
Aya makuru aje mu gihe umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran ukomeje gukaza umurego, nubwo impande zombi zikomeje kugirana ibiganiro bigamije kugabanya amakimbirane.
Arsene BYIRINGIRO/Radio Salus
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.