Imbuga za Facebook na Messenger zanze gukora bitunguranye ku rwego rw'Isi - Radio Salus FM 97.0

Imbuga za Facebook na Messenger zanze gukora bitunguranye ku rwego rw'Isi

Imbuga za Facebook na Messenger zanze gukora bitunguranye ku rwego rw'Isi

Sosiyete ya Meta yagize ikibazo gikomeye cya tekiniki cyatumye imbuga za Facebook na Messenger zihagarara gukora ku rwego rw'isi, ibintu byatunguye abazikoresha bose.

‎Abakoresha izi mbuga basanze basohowe mu makonti yabo mu buryo bwikoze ndetse bananirwa kongera kwinjiramo. Bakirijwe ubutumwa bubabwira ko "habaye ikosa ritunguranye", mu gihe urubuga nyirizina rwa Facebook rwo rwababwiraga ko hari ibitagenda neza, gusa ikigo kikaba "kirimo kubikurikirana kandi birakemura vuba bishoboka."

‎Urubuga rwa Downdetector rukurikirana imikorere y'imbuga za interineti rwagaragaje ko abantu barenga 41,500 bahise batanga raporo z'iki kibazo mu gihe gito cyane.

‎Icyakora izindi mbuga za Meta nka WhatsApp na Instagram zakomeje gukora neza, uretse ibibazo bicye byagaragaye ku rubuga rwa Instagram rwo kuri mudasobwa.

‎Uku kuvaho kw'izi mbuga kwatumye benshi bayoboka urubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter) gushaka amakuru no kugaragaza urujijo rwabo.

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.