Abaturage bafite uburakari bwinshi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batwitse ibice by'ibitaro bya Rwampara byakira abarwayi ba Ebola, nyuma yo kwangirwa gutwara umurambo w'umusore wishwe n'iki cyorezo ngo bajye kumushyingura.
Uyu musore wari umukinnyi w'umupira w'amaguru ukunzwe mu gace ka Bunia mu Ntara ya Ituri, yahitanywe na Ebola ariko umuryango we n'inshuti ze babiteye utwatsi, bavuga ko yazize indwara ya Typhoid.
Ubwo inzego z'ubuzima zangaga kubaha umurambo kuko byongera ibyago byo gukwirakwiza virusi mu bandi, abaturage bahise bigabiza ibitaro batera amabuye, banatwika amahema yari yashyizwemo abandi barwayi ngo bitabweho.
Polisi yarashe amasasu mu kirere kugira ngo itatanye abigaragambyaga, mu gihe abakozi b'ibitaro bahise bashyirwa mu burinzi bukomeye bw'igisirikare nyuma y'uko umwe mu bakozi bo mu rwego rw'ubuzima akomerekejwe.
Umunyapolitiki wo muri ako gace, Luc Malembe, yatangaje ko abaturage benshi batemera ko Ebola ibaho, bakayifata nk'ikinyoma cyahimbwe n'imiryango itegamiye kuri Leta n'ibitaro hagamijwe gushaka amafaranga.
Ubukana bw'iki cyorezo bukomeje kugira ingaruka mu nzego zitandukanye z'igihugu, aho Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ritangaza ko kimaze guhitana abantu 139 mu bakekwaho kuyandura 600, nubwo Minisitiri w'Ubuzima muri Congo, Samuel Roger Kamba, yemeje ko abamaze gupfa bageze ku 159.
Ubukana bw'iki cyorezo bwanatumye ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru ya Congo ihagarika umwiherero yagombaga gukorera i Kinshasa yitegura Igikombe cy'Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu kwezi gutaha, iwimurira mu Bubiligi.
Iki kibazo cyanatumye igihugu cya Uganda gihagarika by'agateganyo ingendo zose z'imodoka n'amato zambukiranya umupaka ugihuza na Congo hagamijwe kwirinda iyi virusi yo mu bwoko bwa Bundibugyo itarabonerwa urukingo. Ni nyuma y'uko n'u Rwanda rufunze imwe mu mipaka iruhuza na RDC mu kwirinda ko iki cyorezo cyagera mu gihugu.
Ku rundi ruhande, umutwe wa M23 watangaje ko habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo witabye Imana aturutse i Kisangani.
Ibitekerezo 0
Tanga igitekerezo
Nta bitekerezo bihari.