RIB yataye muri yombi Yugi Umukaraza ukekwaho Gusambanya Shadyboo ku gahato - Radio Salus FM 97.0

RIB yataye muri yombi Yugi Umukaraza ukekwaho Gusambanya Shadyboo ku gahato

RIB yataye muri yombi Yugi Umukaraza ukekwaho Gusambanya Shadyboo ku gahato

Umuhanzi akaba n'umucuranzi Iradukunda Aimable wamenyekanye nka Yugi Umukaraza yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato Uwimbabazi Shadia wamenyekanye nka Shadyboo.

Umuvugizi w'urwego rw'igihugu rw'ubushinzacyaha(RIB) Dr. Murangira B. Thiery, yatangaje ko kuri uyu wakabiri taliki 22 kamena 2026, RIB yataye muri yombi Yugi Umukaraza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato ashinjwa n'umunyamideli Uwimbabazi Shadia wamenyekanye nka Shadiboo mu ijoro ryo kuwa 21 kamena 2026.

Dr. Murangira B. Thierry yabihamije mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, kuri uyu wa kabiri taliki 23 kamena 2026.

Yagize ati: "Nibyo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza akurikiranywe afunze mugihe iperereza rigikomeje, Afungiye kuri sitasiyo ya RIB kimironko ".

Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B. Thierry yemeje ko uru rwego rwakiriye ikirego kuwa 22 kamena 2026 ndetse ko iperereza ryahise ritangira.

Ati: " yego ejo (kuwa 22 kamena 2026) RIB yakiriye ikirego cya Mbabazi uzwi nka Shadyboo, iperereza ryatangiye yakiriwe muri isange one stop center, ngo afashwe mu buryo bw'ubuvuzi n'ubugenzacyaha ".

Dr Murangira B. Thierry yibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda guca imanza cyangwa gutanga imyanzuro k'urubanza rugikorerwa iperereza. Ati " abakoresha imbuga mwirinde guca imanza cyangwa amagambo ashinja uwo ariwe wese yaba urega cyangwa uregwa".

ku wa mbere taliki 22 Kamena 2026 nibwo Shadyboo yahishuye ko Yugi Umukaraza yamusambanyije ku gahato amusanze iwe mu rugo mu ijoro ryo ku wa 21 Kamena 2026, avuga ko uyu musore bahoze ari inshuti kandi ko ku mugoroba wo ku wa 21 Kamena 2026 yagiye kumusura yitwaje amacupa abiri y’inzoga bagasangira, bikarangira asinze akaryama nyuma akabyuka yasambanijwe.

Grace TUYISHIMIRE / Radio Salus

Ibitekerezo 0

Tanga igitekerezo
Your email will not be published

Nta bitekerezo bihari.